Ubuzima Bwiza(Pastor Anita)

“Ariko ibi byandikiwe kugira ngo mwizere yuko Yesu Kristo ari Umwana w’Imana, kandi ngo nimwizera muherwa ubugingo mu izina rye” (Yohana 20:31).


Intumwa Yohana yagize iyerekwa ryihariye ku buzima buhoraho ndetse atanga n’inyigisho zisobanutse kuri ubu buzima budasanzwe dufite muri Kristo nk’abizera. Muri 1 Yohana 5:11-12, yaravuze ati, “Kandi uko guhamya ni uku: ni uko Imana yaduhaye ubugingo buhoraho, kandi ubwo bugingo bubonerwa mu Mwana wayo. Ufite uwo Mwana ni we ufite ubwo bugingo, naho udafite Umwana w’Imana nta bugingo afite.” Mbega ukuntu bifite uburemere! No mu Byakozwe n’Intumwa 5:20, twasomye ikintu gikomeye cyane kuri ubu buzima; hagira hati, “Mubwira abantu amagambo yose y’ubu Bugingo.”


Imana ishaka ko tubwira abantu iby’ubu bugingo kuko ni ubuzima bwiza. Imana yahaye umuntu ubu buzima butabora kandi butarimbuka binyuze muri Kristo Yesu, ivuga ko uzamwemera wese azahabwa ubugingo buhoraho mu mwuka we (Yohana 3:16). Ni ubuzima bw’ubutware, gukiranuka, amahoro n’umunezero mu Mwuka Wera.


Imana irashaka ko ubwira ba bandi bose batari muri Kristo ko hari ubuzima bwiza cyane buruta ubwo bazi bafite; ubuzima bwiza muri Kristo Yesu! Ishaka ko uhinduka umuyoboro w’ubwo buzima ukabugeza ku bo muhura buri munsi kandi ukanabereka ubwiza n’ubutunzi bw’Ubwami bwayo.


Isengesho Data mwiza, ndagushimira ku bw’icyizere cy’ubuzima bwiza mfite muri wowe mpabwa n’Ijambo ryawe; ubuzima bwo gukiranuka, amahoro n’umunezero mu Mwuka Wera. Urakoze ku bw’uburyo wampaye bwo bwo kugaragaza buri munsi ubwiza buhebuje bw’Ubwami bwawe, mu Izina rya Yesu. Amen.

Gucengera Ijambo

Yohana 5:24

1 Yohana 5:20

 

Ibitekerezo byanyu  

 
+1 # gushimaEV nyirisema jbaptis 2012-07-24 10:04
ndashima nyiringabo kandi isumbabyose ibabashisha kutugezaho ubutumwa bwiza imana ibibahere umugisha mwishi
amina
MUSUBIZE
 

Tanga igitekerezo cyawe


Security code
Refresh

URI ISHUSHO NTO YE...MU ISI YAWE

 

Ibyo ni byo bimaze gutunganya rwose urukundo muri twe, kugira ngo tuzatinyuke ku munsi w’amateka, kuko uko ari ari ko turi muri iyi si (1 Yohana 4:17).


Mu Baheburayo 1:3 hatubwira ko Yesu Kristo ari ishusho ya kamere y’Imana. Bivuze ko ari ishusho yuzuye igaragaza Data. Ubwo yagendaga mu isi, yari uguhishurwa kw’ubushake bwa Data, ndetse...

 

INYIGISHO ISESENGUYE

Sponsorship

Flyerber
Flyerber1

DONATE TODAY!

UMVA IYI NYIGISHO

In order to view this object you need Flash Player 9+ support!

Get Adobe Flash player

Powered by RS Web Solutions

KURAMYA NO GUHIMBAZA

KANUMA DAMASCENE ni umukozi w’Imana wahamagariwe kuramya no guhimbaza Imana mu ndirimbo.

Afatanyije na bagenzi, yasohoye album irimbo indirimbo 30 zo mu gitabo.

Wifuza kumva zimwe muri izo ndirimbo kanda ahanditse Soma ibikurikira.....

ukunda UBUGINGO?

IGITABO cya Ap Jean SAFLO

"RETHINKING the CHURCH for 21st CENTURY"

Iki gitabo gikubiyemo "Job Description" y'umurimo w'Imana, buri wese mu mwanya Imana yamuhamagayemo.

KIBONEKA ku isi yose, wifuza kugura iki kitabo kanda hano

Andika Email yawe

Ibitekerezo

Abari ONLINE ubu

We have 20 guests online