Kugira ngo utsinde mu buzima, igihe cyose ugomba gusubiza ufite ukwizera mu Ijambo; ugomba kwiga gukorera mu rwego rwo kwizera, aho ikintu kigira agaciro ari icyo Imana yavuze gusa. Ushobora kuba uri guhura n’ingorane mu butunzi bwawe; ariko nk’umwana w’Imana, urabona iki? Uribona nawe uri guhangayika kubera ubukungu bwifashe nabi nk’abandi bose bo mu isi cyangwa urabona ukuri kuvuga kuti “nibakugusha, uzavuga uti, hariho ikimbyutsa…” (Yobu 22:29). Kalebu na Yosuwa ntabwo bahakanye ko hari abantu barebare kandi banini mu gihugu Imana yari yarasezeranije Abayisiraheli, ariko bo bagenderaga ku byo Imana Yari yaravuze. Igihe babazaga uko babonye icyo gihugu, igisubizo cyabo cyashingiye ku kwizera mu Ijambo ry’Imana. Mu gihe igisubizo cyabo cyatsindagiraga Ijambo, izindi ntasi icumi zatanze igisubizo kitarimo ukwizera – amakuru y’incamugongo. Ntukemerere na rimwe icyo umubiri wawe wumva; icyo ubona, wumva kuba ari byo bigenga imibereho y’ubuzima bwawe. Bibiliya igira iti, “Natwe ntitureba ku biboneka, ahubwo tureba ku bitaboneka kuko ibiboneka ari iby’igihe gito, naho ibitaboneka bikaba iby’iteka ryose” (2 Abakorinto 4:18). Reka intumbero yawe ijye iba ku Ijambo ry’Imana rihoraho kandi ritaneshwa kandi ujye uhorana igisubizo cyuzuye ukwizera. Kwatura Mpoza intumbero yanjye ku Ijambo ry’Imana. Ibitekerezo byanjye, amagambo ndetse n’ibikorwa biyoborwa n’kwizera mu Ijambo ry’Imana rihoraho no kuyoborwa n’Uwuka wayo. Ntabwo ngendera ku byo mbona, cyangwa numva, ahubwo nsubiza gusa mu kwizera mu Ijambo ry’Imana. Hallelujah! Gucengera Ijambo Abaroma 10:17 Abakorinto 4:13 Abaheburayo 11:2
Kandi twabonyemo abantu barebare banini, Abanaki bakomotse ku bantu barebare banini. Twibonaga tubamezeho nk’inzige, na bo bakabona tumeze nka zo (Kubara 13:33).
























