Ikimenyetso Cyo Gutunganirwa By’Ukuri(Pasitori Chris)

“Arababwira ati, Mwitonde kandi mwirinde kwifuza kose, kuko ubugingo bw’umuntu butava mu bwinshi bw’ibintu bye” (Luka 12:15).

 


Ese wari wigera wibaza gutunganirwa by’ukuri icyo ari cyo, cyangwa ikibigaragaza? Ese upima ute gutunganirwa? Ukoresha ibimenyetso by’isi ngo ube wavuga ko utunganiwe cyangwa udatunganiwe? Bamwe batekereza ko gutunganirwa ari ukuronka amafaranga menshi kurenzaho cyangwa kuba umuntu ukomeye mu isi. Ntabwo kumenyekana cyane ugashimwa n’abantu biguhindura umuntu utunganiwe, cyangwa se kugira ubutunzi bw’iyi si. Gutunganirwa nyakuri birenze ibi byose.


Gutunganirwa nyakuri ni ukuba umugabo cyangwa umugore Imana yaguhamagariye kuba, ugasohoza umuhamagaro wayo ku buzima bwawe, utitaye kubyo abagukikije babitekerezaho. Waba ufite cyangwa udafite ibimenyetso isi ireberaho gutunganirwa, si cyo cya ngombwa. Gutunganirwa by’ukuri ni ukuba uwo Imana yaguhamagariye kuba we, kuko ni Yo yakuremye. Ni yo yonyine izi impamvu uri muri iyi si (1 Petero 2:9).


Iyo uruganda rukora imodoka rushyize imodoka mu muhanda maze igakora nk’uko byagenwe, iyo modoka iba itunganiye urwo ruganda. Ariko iyo uruganda rukoze imodoka hanyuma ugasanga irakoreshwa ibindi bitayigenewe, wenda bakajya bayibikamo nk’ibintu, iyo modoka iba yangizwa.


Ntiwangize ubuzima bwawe! Ba uwo Imana yaguhamagariye kuba we kandi ukore ibyo yaguhamagariye gukora. Buri wese ashobora kwitwa ko atunganiwe mu buryo bwinshi hano ku isi, ariko ibyo ntacyo bivuze. Ikibara ni ugutunganirwa ku Mana. Mu bwenge bw’Imana uba uyitunganiye iyo uri wa muntu uhindura ubuzima, uhesha umugisha, nk’uko yakuremeye kuba (2 Abakorinto 5:19).

Isengesho Data mwiza, ngushimiye umugisha w’Ijambo ryawe mu buzima bwanjye none, ngushimiye kumpishurira ubumenyi bushya burushaho guha umucyo amaso yo gusobanukirwa kwanjye, ngo menye kandi nkurikire inzira zo gutunganirwa binyuze mu Ijambo ryawe. Urakoze kuko ubwenge bwawe bukorera muri jye ngo nkore ubushake bwawe butunganye rwose ibihe byose, mu Izina rya Yesu. Amen.

Gucengera Ijambo

Matayo 5:16

Abaroma 8:19

 

Tanga igitekerezo cyawe

Turabasaba kudatandukira. Ibitekerezo byanyu bigomba kuba bifite aho bihuriye n'Ijambo ry'Imana.


Security code
Refresh

Ijambo ry`umunsi


Toza Umwuka Wawe Ukoresheje Ijambo(Pasitori Chris )
Umwuka w’umuntu ni urumuri yahawe n’Uwiteka, Rusesengura ibihishwe mu mutima (Imigani 20:27). Ibintu bibera mu mwuka w’umuntu ahanini nibyo bigenga ubuzima bwe. Kuba uzatunganirwa mu buzima bigengwa n’ibibera mu mwuka wawe, kuko mu mwuka wawe ni ho hakomoka iby’ubugingo byose (Imigani 4:23). Ub...Soma Ibikurikira
Ubona Iki?(Pasitori Anita )
Kandi twabonyemo abantu barebare banini, Abanaki bakomotse mu bantu barebare banini. Twibonaga tubamezeho nk’inzige, na bo bakabona tumeze nka zo (Kubara 13:33). Ibyo ubona n’uko ubibona ni ikintu cy’ingenzi. Ese ubonesha amaso yawe y’umubiri, cyangwa ubonesha amaso yo kwizera? Abareba bakabonesha ama...Soma Ibikurikira
Wihera Ku Byahise(Pasitori Anita )
Bene Data, sinibwira yuko maze kugifata, ariko kimwe cyo nibagirwa ibiri inyuma, ngasingira ibiri imbere (Abafilipi 3:13). Igitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa kiduha inkuru irambuye ya Sawuli w’i Tarusisi, waje nyuma kumenywa nka Pawulo. Mbere yo guhinduka kwe, yatoteje ubwoko bw’Imana yivuye inyuma. Ariko um...Soma Ibikurikira
Reka Yigaragaze Binyuze Muri Wowe!(Pasitori Chris )
Ibimenyetso n’ibitanganza byinshi byakorwaga mu bantu n’amaboko y’intumwa, kandi bose bateraniraga mu ibaraza rya Salomo n’umutima uhuye (Ibyakozwe n’Intumwa 5:12).   Imana ibasha kugukoresha uramutse uyemereye; ntacyo itakora binyuze muri wowe iyaba wayiyeguriraga. Yamaze kuguha umugisha no kuguh...Soma Ibikurikira

IBYANDITSWE KURI FACEBOOK YACU:Kanda Like/J'aime

INYIGISHO YIHARIYE

In order to view this object you need Flash Player 9+ support!

Get Adobe Flash player

Powered by RS Web Solutions

In order to view this object you need Flash Player 9+ support!

Get Adobe Flash player

Powered by RS Web Solutions

In order to view this object you need Flash Player 9+ support!

Get Adobe Flash player

Powered by RS Web Solutions

In order to view this object you need Flash Player 9+ support!

Get Adobe Flash player

Powered by RS Web Solutions

INYIGISHO (SERIES)

INYIGISHO ISESENGUYE

DONATE TODAY!

KURAMYA NO GUHIMBAZA

KANUMA DAMASCENE ni umukozi w’Imana wahamagariwe kuramya no guhimbaza Imana mu ndirimbo.

IBITABO

Iki gitabo cyanditswe na Apostle Jean SAFLO.Kivuga ku NSHINGANO ZA BURI MUKOZI W'IMANA

   
   

Andika Email yawe

IBITEKEREZO

Abari ONLINE ubu

We have 55 guests online