“Kandi uko guhamya ni uku: ni uko Imana yaduhaye ubugingo buhoraho, kandi ubwo bugingo bubonerwa mu Mwana wayo. Ufite uwo Mwana ni we ufite ubwo bugingo, naho udafite Umwana w’Imana nta bugingo afite” (1 Yohana 5:11-12).
Iyo umuntu yakiriye Kiristo, ahinduka umwana w’Imana: ”...abamwemeye bose bakizera izina rye, yabahaye ubushobozi bwo kuba abana b’Imana. Abo ntibabyawe n’amaraso cyangwa ubushake bw’umubiri, cyangwa n’ubushake bw’umugabo, ahubwo babyawe n’Imana” (Yohana 1:12-13).
Umwami Yesu yaravuze muri Yohana 10:10 ko impamvu yaje ni ukugirango abantu babone ubuzima bw’Imana; ubuzima bw’ubutsinzi bw’Imana, kandi babubone ari bwinshi. Ubu buzima nibwo bugira uwizera umuntu w’igihanganye muri Kristo. Nibwo bukugira udasanzwe, ufite ububasha bwo gukora ibidashoboka. Kuko wakiriye ubu buzima, ugomba kubaho unesha iminsi yose no muri byose binyuze muri Kristo Yesu. Uyu niwo muhamagaro wawe:”Ariko Imana ishimwe kuko ihora iturangaje imbere, ikaduha kuneshereza muri Kristo no gukwiza hose impumuro yo kuyimenya” (2 Abakorinto 2:14).
Ubwo wavutse ubwa kabiri, ntabwo ukiri “umuntu usanzwe”; ahubwo uri umwe mu basangizwa kamere y’Imana. Kuri ubu ubumana burakorera muri wowe. Sobanukirwa na kamere yawe w’Ubumana. Ubwoba, Imbaraga nke, umubabaro no kwiheba ntabwo bizongera kugira umwanya mu buzima bwawe igihe ubaho rwose mu muhamagaro wawe nk’uwoherejwe mu buzima bwo kunesha muri Kristo. Gucengera Ijambo 1 Yohana 5:13 2 Petero 1:3-4
Isengesho Ishimwe ribe iry’Imana kubw’impano itavugwa ndetse y’umugisha y’ubuzima buhoraho, yamenyesheje umwuka wanjye! Nsobanukiwe ubuzima bw’Imana buri muri njye; kandi ndahimbaza Imana, yanshoboje kunesha muri Kristo, ndetse ingira inzira inyuramo ibyishimo bituruka ku bumenyi bw’ubuzima buhambaye bwayo mu izina rya Yesu. Amen.
















