“Ababiri baruta umwe, kuko babona ibihembo byiza by’imirimo yabo” Umubwiriza 4:9
Twemera ko ubutsinzi bukomeye bugerwaho mu bufatanye. Gospel Spreaders Ministries ifite inshingano yo gukorera Umwami wacu Yesu Kristo, isakaza Ubutumwa Bwiza kuri buri muntu mu mahanga yose.
Binyuze muri ubu bufatanye, twishimiye kwakira no gusakaza ku mbuga zacu za internet: inyigisho, ubuhamya, indirimbo n’ibikorwa mutegura mu matorero na za ministeri
Uruhare rwacu (GSM):
Gusakaza ku buntu inyigisho, ubuhamya, indirimbo mu buryo bukurikira: amajwi, amashusho, inyandiko n’ibishushanyo.
Gukora ku buntu web page ya ministeri cyangwa itorero ryanyu irimo amakuru n’ibikorwa byanyu: ikirango, imiterere ya ministry, umwirondoro w’umukuru wayo, aho mukorera, ibikorwa by’itorero, amatangazo, amashusho yerekana ibiterane mutegura ndetse n’umuyoboro(link) ku rubuga rwanyu rwa internet.
Inyigisho mutugezaho zihabwa amahirwe yo gutambuka mu biganiro byacu bya buri cyumweru bica ku maradiyo mu Rwanda.
Uruhare rwanyu :
-
Kutugezaho inyigisho, ubuhamya n’indirimbo zanyu kuri DVD, CD, Flash Disc, cyangwa se kuri e-mail
-
Gusengera buri munsi Gospel Spreaders Ministries kugira ngo Uwiteka azakomeze kuyirindira mu gukiranuka kwe, gutanga buri cyangombwa uyu murimo ukenera, kuyagura no kuyishoboza kugera kuri gahunda Imana iyifitiye
-
Gusengera buri munsi uwashinze Gospel Spreaders Ministries kugira ngo Uwiteka akomeze kumurinda kandi ahore ahanze amaso ye ku Mwami Yesu Kristo wenyine, abe igikoresho cy’umumaro munini mu biganza by’Imana kandi ayikorere gutinya no gukiranukira Imana, mu bw’itonzi no mu mutima uciye bugufi ku bw’icyubahiro cy’Imana!
-
Gutanga buri kwezi impano ivuye ku mutima yo gushyigikira kwaguka kw’uyu murimo.
-
Igihe cyose bishobotse, kumenyesha abantu ko bashobora kubakurikira na ministry yanyu cyangwa itorero ku mbuga zacu.
-
Gufatanya no mu bindi bikorwa aho bishoboka hose
Niba wifuza ubu bufatanye kanda hano
Izindi Services mushobora kudukeneraho :
Gukora website
Gusemura
Kwamamaza
Video Production
Media Strategies
Ukeneye izi services, kanda hano


















